Amagambo y’Indirimbo NTUMPEHO y’Amasimbi n’Amakombe

December 13, 2023

Ni mucyo twambare, twambarire Kuba imena.

Jyewe ubu nahisemo, nzatwaza ngana imbere.

Nushaka unkurikire, mu runana Rw’imihigo,

Turishinge turahire, yuko Tuzahora Dukunda ibyiza:

Ubutabera n’amahoro Urukundo n’ubupfura;

Ubukire Bwanga ibyo ndabugaya,

Ntumpeho

1. Nuteranya abuzuye,

Ubwo uratata nturi imfura.

Niba uhora utanya amoko

Ngo abantu bamashane,

Nusumbanya n’uturere

Uribagire wifashe,

Ntumpeho.

2. Niba utunzwe na ruswa

Ukura mu baturage,

Niba useka uwabuze hirya,

Akabura no hino,

Niba uneguza amazuru

Ukazura umugara,

Ntumpeho

3. Niba ishyari rikuzonga

Ugatera urubwa ukize,

Ugashengurwa n’agahinda

Iyo ubonye abahiriwe,

Urwo rutoke uhonda urundi

Rubuze mo ubupfura,

Ntumpeho.

4. Niba unebwa ntukore

Ngo uzatungwa no gusaba,

Niba unyereza ibyo ushinzwe,

Ngo ubwo urirwanaho,

Urateshuka inzira y’intore.

Ubwo uri umunyoni mubi,

Ntumpeho.

5. Niba ushinzwe imbaga,

Ukikundira mo bamwe,

Uwakugabiye ntumukunda

Uramugambanira.

Uraca uduco kandi ashaka Ko ureba udasumbanya,

Ntumpeho.

6. Niba uri umukobwa

Ukishinga abagushuka,

Niba se uri umuhungu

Ugashirira mu maraha,

Urasenya urwo wari gushinga

Ugashengera utambaye,

Ntumpeho.

7. Umuco mwiza wa kureze,

Ntugatume udindira.

Muby’abandi jya utora ibyiza,

Ibifutamye ujugunye.

Niba urabukwa iby’abandi

Ugata n’urwo wambaye

Ntumpeho.

Imvano ifoto : eterinete.