Ibiganiro Ubukerarugendo

Ibisubizo 15 bya Habiyambere Egide

Habiyambere Egide ni umusore w’umunyarwanda wize Computer & Electronics, wihangiye imirimo y’ubutekinisiye mubyo yize.  Egide atuye mu murenge

Featured Post

top category

Urugendo

32 Articles
+

Uncategorized

16 Articles
+

Umuco

4 Articles
+

Must Read

Winter Dressing Tips When It’s Really Cold Out

admin

admin / 380 Articles

administrator

+

Bussiness

Technology

Amafunguro ya Kigande I Kibeho

Abantu batembera, basura I kibeho mu karere ka Nyaruguru babasha kubona ahantu bafatira amafunguro ya

IBYIZA 10 BYO KUNYWA THÉ VERT

Thé Vert (Green Tea) ni icyayi cyizwi cyane I Nyamirambo, abantu bayikunda, bamenke ibyiza byayo baza

Afurika y’Uburasirazuba: Amafunguro yihariye yo kurya muri

Ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (East Africa Community) ni ibihugu bifite amafunguro yihariye, amafunguro

Ifunguro rya kinyarwanda 100/% muri musanze

Musanze ni akarere kari mu ntara y’amajyaruguru,ku birenge by’ibirunga,niko karere gakora cyane ku birunga.Gafite ibyiza

Top most stories

Ibiganiro
ZAMBIA: IBITEKEREZO MU GUKORA UBUKERARUGENDO BURAMBYE

Tariki ya 14- 24 Kanama 2018 I Livingstone mu mujyi w’ubukerarugendo wa Zambia habereye amasomo yo kwigisha abantu

Inkuru zo kwamamaza
Wekindi yo kwizihiza #Kwibohora31, ibitaramo bikomeye bizabera I Rubavu

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora ku nshuro ya 31, mu mujyi wa Rubavu hateguwe ibirori

Inkuru zo kwamamaza
Wekendi y’umuganura, ibintu bizaba mu Rwanda

Umuganura uba kuwa Gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Munani buri mwaka, ni ibirori bifite ibisobanuro mu muco n’amateka

Amateka y'Ahantu
Weekend y’umuganura, ahantu 5 wasura hafite amateka y’umuganura

Umuganura ni umwe mu mihango y’abanyarwanda kuva kera, ni umuhango wayoborwaga n’umwami. Ubu abanyarwanda  bizihiza umuganura bafata umwanya

Insingamigani Inyurabwenge
Rubanda ni abahanya

Rubanda ni abahanya ni umugani baca iyo bashaka gutsindira umuntu ubugome badasobanuye uwo ari we; ni bwo bagira ngo:

Ibirori Inkuri z'ibirori Uncategorized
2021, Kwita Izina  abana b’ingagi ku nshuro ya 17

Kuva mu mwaka wa 2005, mu Rwanda haba igikorwo cyo kwita amazina abana b’ingagi baba baravutse mu miryango

Amateka Amateka y'Abantu
Menya bimwe mubintu 26 byaranze perezida wa mbere wa kenya “JOMO KENYATTA”

Jomo Kenyatta ni Umugabo wavukiye muri Kenya yarwanyije ubutegetsi bwaba koloni babongereza bari barigaruriye ubutaka bwa Kenya, yaharaniye

Abahanzi Inyurabwenge
Impamvu 5 zo gukorera muri Rwanda Arts initiative

Ni byiza kubona ahantu abahanzi batandukanye; abanditsi, abahanzi,  ababyinnyi, abakina ikinamico na filimi, abanyabugeni, abanyarwenya, abanyamideli, abashushanya ….kubona

  • Home  
  • Impeshyi mu Rwanda, inama 10 kugirango impeshyi izakubera nziza
- Imigenzo & Imigenzo

Impeshyi mu Rwanda, inama 10 kugirango impeshyi izakubera nziza

Igihe cy’impeshyi gitangira mu kwezi kwa gatandatu (Kamena) ku kageza mu kwezi kwa cyenda hagati (Nzeri) ni byiza kumenya uko wakwitegura iki gihe cy’izuba. Ni igihe kirangwa n’ubushyuhe bwinshi, imyindagaduro, ibirori n’ibindi. Inama ya 1. Gutegura impeshyi kare Ni byiza kugira gahunda yo gutegura impeshyi, ukumva ko ari igihe kitasanzwe kigiye kuza. Mu mirimo cyangwa […]

Igihe cy’impeshyi gitangira mu kwezi kwa gatandatu (Kamena) ku kageza mu kwezi kwa cyenda hagati (Nzeri) ni byiza kumenya uko wakwitegura iki gihe cy’izuba. Ni igihe kirangwa n’ubushyuhe bwinshi, imyindagaduro, ibirori n’ibindi.

Inama ya 1. Gutegura impeshyi kare

Ni byiza kugira gahunda yo gutegura impeshyi, ukumva ko ari igihe kitasanzwe kigiye kuza. Mu mirimo cyangwa mu bikorwa bya buri wese, akamenyako hari impinduka zigomba kubaho kubera igihe cy’izuba. Bituma witwara neza muri gahunda uba urimo utegura. Gutangira kuyitegura mu kwa Gatanu (Gicurasi)

Inama ya 2. Kwibuka gahunda ikomeye ufite.

Ikintu cya mbere ukwiriye kuzirikana mu gihe cy’impeshyi ni ukwibuka gahunda ikomeye ufite rwose .Yaba; kujya kwa muganga, ubukwe, urubanza,  urugendo, ibirori , akazi, gutembera,..cyangwa gahunda yawe bwite, yo ku kazi, mu muryango cyangwa inshuti.

Abanyeshuri ni igihe cyiza cyo kwibuka ko ari isozwa ry’umwaka wa mashuri. Bisaba kwiga cyane.

Inama ya 3. Gupanga ibintu uzakora

Gukora lisite y’ibintu wumva uzakora, ugapanga ibyo wakora buri kwezi cyangwa buri cyumweru,  ukabizirikana/ukabyandikakugirango bitazahurirana bigatuma bimwe bipfa. Gupanga ni byiza bituma udatungurwa n’ibintu cyangwa abantu. Bituma ubasha gufata icyemezo cy’ibyo wowe uzakora, bikunyuze, wateguye.

Inama ya 4. Gushaka amafaranga

Ni igihe cyiza cyo gushaka amafaranga, ku rwego rwa buri muntu bitewe ntibyo akora, impeshyi ni igihe cy’umucyo, igihe cyo guhiga amafaranga. Nk’abategura ibitaramo, ni igihe cyiza cyo gutekereza ku bitaramo wakora. Abashaka akazi ni ugutangira gutekereza aho uzajya gushaka akazi.

Ushobora no gukora akandi kazi kabangikanye n’ibyo wari usanzwe ukora, cyangwa ukagahanga kugirango wongere ibyo winjiza.

Inama ya 5. Kuzigamira impeshyi

Ni byiza gutekereza  uko amafaranga uzayakoresha, aho azava, uko uzayapangira. Kugira umubare w’amafaranga ntarengwa uzateganya uzakoresha. Kugira umuco wo kuzigamira ikintu runaka.

Inama ya 6. kunywa amazi menshi

Kwibuka ko ari igihe cy’izuba ko ugomba kunywa amazi menshi kugirango umubiri utumagara, ukaba warwara. Kunywa amazi ari hejuru ya litiro eshatu (3L) ku munsi bizafasha. Kwirinda kunywa inzoga nyinshi.

Inama ya 7.Kumenya amafunguro uzarya

Mu gihe cy’impeshyi ni byiza kwibuka kurya amafunguro ataremera, atabyimbisha inda, bikagutera umunaniro, kuryama nabi. Kurya amafunguro nk’imboga n’imbuto bituma umubiri utananirwa cyane,.. Kwirinda kurya inyama z’umutuku.

Inama ya 8. Kumenya imyambaro n’inkweto uzambara

Kuzirikana imyenda n’inkweto uzambara mu gihe cy’impeshyi ni byiza bituma ubaho nk’umuntu usirimutse rwose. Kwambara imyenda n’inkweto byoroheje, nk’imyenda ikoze mu budodo butongera ubushyuhe. Kwibuka kwambara ikintu bitewe naho ugiye. Kwirinda kwambara imyenda y’umukara.

Umuntu uzi kugira gahunda muri we, abaho azi ubuzima akwiriye kubaho mu gihe runaka.

 Inama ya 9. Kwirinda gusesagura

Ikintu umuntu akwiriye gukora mu gihe cy’impeshyi ni ukwirinda gusesagura ibyo utunze. Ni igihe haba ibirori bitandukanye ushobora gutegura ku giti cyawe, ushobora  kwitabira/gutumirwamo, ni byiza kumenya uko ubitegura, ntutugurwe, ntiwicuze nyuma.

Inama ya 10. Kwiyitaho no kwishima

Ni byiza gukoresha igihe cy’impeshyi wiyitaho, igihe cyo gukora  siporo ukunda, Yoga, Meditation, gushinga businesi, gushaka inshuti, wahimba ibintu, ukandika indirimbo cyangwa filimi, wajya muri studio ugasohora indirimbo, wafata amahugurwa ushaka, wakora ibikorwa by’ubukorerabushake/byo gufasha, wasoma igitabo wifuje gusoma, wakwandika igitabo, wareba filimi wifuje kureba, wajya gutembera ahantu ushaka, wasura abantu mudaherukana, gusangira n’inshuti n’abavandimwe,  kugabanya gukoresha imbuga nkoranyambaga, wakora ikintu wifuje gukora kuva kera n’ibindi. Ni igihe cyo kwiyubaka wowe ubwawe.

Izi nama icumi, zireba umuntu wese ku rwego arimo ; kuva mu mwana, urubyiruko n’abakuze. Buri wese mu mirimo akora cyangwa aho atuye izi nama zamufasha cyane.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Igicumbi @2024. All Rights Reserved.