Ibiganiro Ubukerarugendo

Ibisubizo 15 bya Habiyambere Egide

Habiyambere Egide ni umusore w’umunyarwanda wize Computer & Electronics, wihangiye imirimo y’ubutekinisiye mubyo yize.  Egide atuye mu murenge

Featured Post

top category

Urugendo

32 Articles
+

Uncategorized

16 Articles
+

Umuco

4 Articles
+

Must Read

Winter Dressing Tips When It’s Really Cold Out

admin

admin / 380 Articles

administrator

+

Bussiness

Technology

Amafunguro ya Kigande I Kibeho

Abantu batembera, basura I kibeho mu karere ka Nyaruguru babasha kubona ahantu bafatira amafunguro ya

IBYIZA 10 BYO KUNYWA THÉ VERT

Thé Vert (Green Tea) ni icyayi cyizwi cyane I Nyamirambo, abantu bayikunda, bamenke ibyiza byayo baza

Afurika y’Uburasirazuba: Amafunguro yihariye yo kurya muri

Ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (East Africa Community) ni ibihugu bifite amafunguro yihariye, amafunguro

Ifunguro rya kinyarwanda 100/% muri musanze

Musanze ni akarere kari mu ntara y’amajyaruguru,ku birenge by’ibirunga,niko karere gakora cyane ku birunga.Gafite ibyiza

Top most stories

Ibiganiro
ZAMBIA: IBITEKEREZO MU GUKORA UBUKERARUGENDO BURAMBYE

Tariki ya 14- 24 Kanama 2018 I Livingstone mu mujyi w’ubukerarugendo wa Zambia habereye amasomo yo kwigisha abantu

Inkuru zo kwamamaza
Wekindi yo kwizihiza #Kwibohora31, ibitaramo bikomeye bizabera I Rubavu

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora ku nshuro ya 31, mu mujyi wa Rubavu hateguwe ibirori

Inkuru zo kwamamaza
Wekendi y’umuganura, ibintu bizaba mu Rwanda

Umuganura uba kuwa Gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Munani buri mwaka, ni ibirori bifite ibisobanuro mu muco n’amateka

Amateka y'Ahantu
Weekend y’umuganura, ahantu 5 wasura hafite amateka y’umuganura

Umuganura ni umwe mu mihango y’abanyarwanda kuva kera, ni umuhango wayoborwaga n’umwami. Ubu abanyarwanda  bizihiza umuganura bafata umwanya

Insingamigani Inyurabwenge
Rubanda ni abahanya

Rubanda ni abahanya ni umugani baca iyo bashaka gutsindira umuntu ubugome badasobanuye uwo ari we; ni bwo bagira ngo:

Ibirori Inkuri z'ibirori Uncategorized
2021, Kwita Izina  abana b’ingagi ku nshuro ya 17

Kuva mu mwaka wa 2005, mu Rwanda haba igikorwo cyo kwita amazina abana b’ingagi baba baravutse mu miryango

Amateka Amateka y'Abantu
Menya bimwe mubintu 26 byaranze perezida wa mbere wa kenya “JOMO KENYATTA”

Jomo Kenyatta ni Umugabo wavukiye muri Kenya yarwanyije ubutegetsi bwaba koloni babongereza bari barigaruriye ubutaka bwa Kenya, yaharaniye

Abahanzi Inyurabwenge
Impamvu 5 zo gukorera muri Rwanda Arts initiative

Ni byiza kubona ahantu abahanzi batandukanye; abanditsi, abahanzi,  ababyinnyi, abakina ikinamico na filimi, abanyabugeni, abanyarwenya, abanyamideli, abashushanya ….kubona

- Amateka y'Ahantu

Inkomoko y’Izina Kigali

Iri zina ry’umurwa mukuru w’u Rwanda rikaba rikomoka ku musozi wa Kigali uzwi nka “Mont Kigali”hagati y’ikinyejana cya 14 na 15 ku ngoma y’umwami Kigeli Mukobanya.Umusozi wa Kigali ( “Mont Kigali”)  hari ahu u Bugesera uwitwa Cyilima Rugwe yahatuye ashaka kwiyenza ku mwami Nsoro Bihembe w’u Bugesera ngo amutere. Icyo gihe Nsoro Bihembe yarahamurekeye ari […]

Iri zina ry’umurwa mukuru w’u Rwanda rikaba rikomoka ku musozi wa Kigali uzwi nka “Mont Kigali”hagati y’ikinyejana cya 14 na 15 ku ngoma y’umwami Kigeli Mukobanya.
Umusozi wa Kigali ( “Mont Kigali”)  hari ahu u Bugesera uwitwa Cyilima Rugwe yahatuye ashaka kwiyenza ku mwami Nsoro Bihembe w’u Bugesera ngo amutere.

Icyo gihe Nsoro Bihembe yarahamurekeye ari nacyo cyatumye nyuma yaho amwambura umugore we witwaga Nyanguge za Sagashya aramutwara ari nawe babyaranye na Mukobanya akaba ariyo mpamvu uwo Nyanguge bamuciragaho umugani ko yari umugore w’abami 2 kuko yari yararongowe n’umwami w’u Bugesera Nsoro Bihembe ndetse n’umwami w’u Rwanda Kilima Rugwe”.

 Umwami Kirima Rugwe amaze gutanga, yasimbuwe ku ngoma n’umuhungu we Kigeli Mukobanya, kuri iyi ngoma nibwo Abanyoro bari bafite ubwami bukomeye cyane muri aka gace bikoze mu gitero cyabo cya mbere, batera u Rwanda banyuze mu bice bibiri, abanyuze mu Ndorwa y’Iburasirazuba bogeze imuri ibyo bice byose ntawubakoma imbere bahinguka mu Bwanacyambwe.

Icyo gihe umwami waho Nkuba ya Nyabakonjo abaha inzira buhanya bagana ku ngoro y’umwami yari Intora ahazwi nko ku Gisozi ubu, Ingoro y’umwami barayitwika.
Urugamba rusakirana ubwo, kugeza u Rwanda rutsinze Abanyoro.

Umwami Mukobanya wari ufite imitwe y’Ingabo zizi kurwana, yakomeje kurwara inzika Ubwanacyambwe, kuko bwahaye inzira Ingabo z’Abanyoro zigatera u Rwanda.”
Kigeri Mukobanya afata imuheto yambarira urugamba aragenda atera umwami w’Ubwanacyambwe witwaga Nkuba ya Nyabakonjo wari utuye mu Giporoso ahahoze Sale Motor nuko aramwica ingoma y’Ubwanacyambwe yigarurirwa ityo.

Mugutanga izina Kigeli Mukobanya yaraje ahagarara ku gasongero ku umusozi wa Kigali aho yari yitegeye Uburiza bwigaruriwe na Se Cyilima Rugwe areba igice cya Gasabo ya kera noneho areba umurambi w’i Bwanacyambwe bwose aho uhera kuri mont Kigali, ukambuka Kicukiro ugafata Nyarugenge ugafata na Rwamagana y’Iburasirazuba nuko aravuga ati cya gihugu ntabwo kikiri icy’imisozi irindwi ahubwo noneho cyabye “Kigali” kuva icyo gihe umusozi uhakura iryo zina witwa Kigali cya Bwanacyambwe.

Iri zina Kigali ryavuzwe ku ngoma y’umwami Kigeli Mukobanya watwaye u Rwanda ahasaga mu 1378 kugeza 1411. Ngiyo inkomoko y’izina Kigali umurwa mukuru w’u Rwanda.

 Izina Kigali rikaba ribumbatiye ingingo yo kwaguka bivuga ikintu cyagutse.
Uretse kuba kuri uyu musozi wa Mont Kigali ukigaragaraho ibigabiro by’Abami ninaho haberaga umuhango wo gusabira umutima w’u Rwanda nk’uko Nsanzabera akomeza abivuga.

Ati “ Basabaga umutima w’u Rwanda bavuga bati abanyarwanda bagire umutima, u Rwanda rugire umutima, igihugu kigire ubuhoro, kizire ubusame kigire uburame”.

Uyu musozi wa mont Kigali ukora ku mirenge ya Nyamirambo, Mageragere, Kigali na Kimisagara yose yo mu karere ka Nyarugenge.

Byavuye:Kigalitoday

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Igicumbi @2024. All Rights Reserved.