Ibiganiro Ubukerarugendo

Ibisubizo 15 bya Habiyambere Egide

Habiyambere Egide ni umusore w’umunyarwanda wize Computer & Electronics, wihangiye imirimo y’ubutekinisiye mubyo yize.  Egide atuye mu murenge

Featured Post

top category

Urugendo

32 Articles
+

Uncategorized

16 Articles
+

Umuco

4 Articles
+

Must Read

Winter Dressing Tips When It’s Really Cold Out

admin

admin / 380 Articles

administrator

+

Bussiness

Technology

Amafunguro ya Kigande I Kibeho

Abantu batembera, basura I kibeho mu karere ka Nyaruguru babasha kubona ahantu bafatira amafunguro ya

IBYIZA 10 BYO KUNYWA THÉ VERT

Thé Vert (Green Tea) ni icyayi cyizwi cyane I Nyamirambo, abantu bayikunda, bamenke ibyiza byayo baza

Afurika y’Uburasirazuba: Amafunguro yihariye yo kurya muri

Ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (East Africa Community) ni ibihugu bifite amafunguro yihariye, amafunguro

Ifunguro rya kinyarwanda 100/% muri musanze

Musanze ni akarere kari mu ntara y’amajyaruguru,ku birenge by’ibirunga,niko karere gakora cyane ku birunga.Gafite ibyiza

Top most stories

Ibiganiro
ZAMBIA: IBITEKEREZO MU GUKORA UBUKERARUGENDO BURAMBYE

Tariki ya 14- 24 Kanama 2018 I Livingstone mu mujyi w’ubukerarugendo wa Zambia habereye amasomo yo kwigisha abantu

Inkuru zo kwamamaza
Wekindi yo kwizihiza #Kwibohora31, ibitaramo bikomeye bizabera I Rubavu

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora ku nshuro ya 31, mu mujyi wa Rubavu hateguwe ibirori

Inkuru zo kwamamaza
Wekendi y’umuganura, ibintu bizaba mu Rwanda

Umuganura uba kuwa Gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Munani buri mwaka, ni ibirori bifite ibisobanuro mu muco n’amateka

Amateka y'Ahantu
Weekend y’umuganura, ahantu 5 wasura hafite amateka y’umuganura

Umuganura ni umwe mu mihango y’abanyarwanda kuva kera, ni umuhango wayoborwaga n’umwami. Ubu abanyarwanda  bizihiza umuganura bafata umwanya

Insingamigani Inyurabwenge
Rubanda ni abahanya

Rubanda ni abahanya ni umugani baca iyo bashaka gutsindira umuntu ubugome badasobanuye uwo ari we; ni bwo bagira ngo:

Ibirori Inkuri z'ibirori Uncategorized
2021, Kwita Izina  abana b’ingagi ku nshuro ya 17

Kuva mu mwaka wa 2005, mu Rwanda haba igikorwo cyo kwita amazina abana b’ingagi baba baravutse mu miryango

Amateka Amateka y'Abantu
Menya bimwe mubintu 26 byaranze perezida wa mbere wa kenya “JOMO KENYATTA”

Jomo Kenyatta ni Umugabo wavukiye muri Kenya yarwanyije ubutegetsi bwaba koloni babongereza bari barigaruriye ubutaka bwa Kenya, yaharaniye

Abahanzi Inyurabwenge
Impamvu 5 zo gukorera muri Rwanda Arts initiative

Ni byiza kubona ahantu abahanzi batandukanye; abanditsi, abahanzi,  ababyinnyi, abakina ikinamico na filimi, abanyabugeni, abanyarwenya, abanyamideli, abashushanya ….kubona

  • Home  
  • Inkomoko Y’insigamigani “Yigize Syoli”
- Insingamigani

Inkomoko Y’insigamigani “Yigize Syoli”

Uyu mugani Abanyarwanda baca ngo kanaka “Yigize syoli”, bawuca iyo babonye umuntu wigize umushirasoni kabuhariwe, akaba ikinani muri byose. Ni bwo bagira bati “kanaka yigize Syoli!” Ngo byakomotse kuri Syoli w’i Nyagahanga ( ahazwi nka Byumba) ahagana mu mwaka wa 1600. Syoli uwo yabyirukiye ku Cyuru ku ngoma ya Mutara Semugeshi, abyiruka akunda guhiga, aba […]

Uyu mugani Abanyarwanda baca ngo kanaka “Yigize syoli”, bawuca iyo babonye umuntu wigize umushirasoni kabuhariwe, akaba ikinani muri byose. Ni bwo bagira bati “kanaka yigize Syoli!” Ngo byakomotse kuri Syoli w’i Nyagahanga ( ahazwi nka Byumba) ahagana mu mwaka wa 1600.

Syoli uwo yabyirukiye ku Cyuru ku ngoma ya Mutara Semugeshi, abyiruka akunda guhiga, aba umuhigi w’umukogoto. Ngo yari abizi cyane akica inyamaswa z’ishyamba ndetse ntakangwe n’iz’inkazi nk’intare, imbogo, ingwe n’izindi.

Umunsi umwe abandi bahigi baza kumurarika ngo bazajyane guhiga, ariko we arabakabukana ngo ntibazi kurasa ntiyajyana nabo guhiga. Bivugwa ko ngo yababwiraga ati “Nzijyana n’umuheto wanjye!”

Umugore we ngo yamugiraga inama yo gufatanya n’abandi kuko nta mugabo umwe, ariko Syoli akamutwama agira ati “Aho ntugira ngo nanjye ndi nka bamwe mupfa kwita abahigi! Uretse no kwitwaza umuheto wanjye, n’aho najyana inkoni yanjye nta nyamaswa yandinda!” Ni uko biba aho, ariko umugore akomeza kugira amakenga bimwanga mu nda.

Bukeye ashaka inzoga, ayijyana ku Cyuru kwa sebukwe, iwabo wa Syoli, agezeyo abwira sebukwe icyamuzinduye agira ati “Dawe iyi nzoga nkuzaniye ni iyo kugira ngo uzampanire umuhungu wawe yarananiye. Yihaye kujya ahiga mu ishyamba rya Nyagahanga wenyine, kandi muzi uko rimeze. Buriya n’abandi bahigi bamuraritse arabirukana ngo ni we uzi umuheto wenyine, batirimuka, nkamwumvisha ukuri kwabo akantwama akandaza ku nkeke ankoba.”

Sebukwe ngo yaramwumvise amusubiza agira ati “Genda mwana wanjye, ndamara gatatu ku munsi wa kane nkaza kubaza icyo kiroge uko cyigize.”

Ya minsi ishize, wa mukambwe ajya i Nyagahanga iw’umuhungu we. Agezeyo asanga Syoli yagiye guhiga wenyine. Ku mugoroba abungukana ingwe yishe, asanga se yicaye iwe amwereka umuhigo.

Amaze kwicara, se aramubaza, ati: “Mbese ko uje uri umwe, abandi mwahiganye bari hehe?” Syoli, ati: “Ntabwo mpigana n’abandi mpiga jyenyine.” Se ati: “Ese mwana wanjye niba uri n’umukogoto, harya urasa umuhinyoro ntiyarengera uzi kwinjiza?”

Syoli ati: “Aho nabereye sindahigana n’abandi.” Se yaramuhanuye yanga kumva, aramukangara ararakara, ni uko agira ati: “Nkabona n’umugore wawe yaraguhannye ukamunanira, koko wigize intabikozwa!” Yungamo, ati: “Harya ngo wica ingwe sha! Hari ubwo urutoni urunguru ruzakwihererana ubure kivurira!”

Umusaza arara ataraye, bukeye azinduka yitahira. Amaze gutaha muka Syoli asigara mu mazi abira kuko yareze umugabo kuri sebukwe. Syoli arabisha, abwira umugore; ati: “Ubu ngiye mu ishyamba kandi sinjyana umuheto, ndajyana icumu n’inkoni yanjye nkuzanire intare; ariko nimara kuyikwereka wiyimbire! Noye ayo!”

Ni uko aturumbukana icumu n’umujinya mwinshi yerekeza ishyamba. Ubwo ngo hari ku kagoroba, ageze ku ishyamba ajya ku nama mu rucucu rwari mu nsi y’inzira.

Agisutama urukwavu rumuturumbuka mu nsi yiterera hejuru, agira igihunga, aragwaguza, yishita ku icumu rye ryari rimushinze imbere, rimwahuranya umutima arahwera; azimira atyo azize guhinyura ay’abakuru.

Bitewe n’uko Syoli yajyaga ananira abamuhana, ntanakangwe n’inyamaswa z’inkazi, rubanda rwakurijeho ruvuga ko umuntu wese wananiranye mu mico akigira intabikangwa yigize Syoli.

Kwigira Syoli = Kunanirana mu mico

Imvano:“Ibirari by’insigamigani”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Igicumbi @2024. All Rights Reserved.