Ibiganiro Ubukerarugendo

Ibisubizo 15 bya Habiyambere Egide

Habiyambere Egide ni umusore w’umunyarwanda wize Computer & Electronics, wihangiye imirimo y’ubutekinisiye mubyo yize.  Egide atuye mu murenge

Featured Post

top category

Urugendo

32 Articles
+

Uncategorized

16 Articles
+

Umuco

4 Articles
+

Must Read

Winter Dressing Tips When It’s Really Cold Out

admin

admin / 380 Articles

administrator

+

Bussiness

Technology

Amafunguro ya Kigande I Kibeho

Abantu batembera, basura I kibeho mu karere ka Nyaruguru babasha kubona ahantu bafatira amafunguro ya

IBYIZA 10 BYO KUNYWA THÉ VERT

Thé Vert (Green Tea) ni icyayi cyizwi cyane I Nyamirambo, abantu bayikunda, bamenke ibyiza byayo baza

Afurika y’Uburasirazuba: Amafunguro yihariye yo kurya muri

Ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (East Africa Community) ni ibihugu bifite amafunguro yihariye, amafunguro

Ifunguro rya kinyarwanda 100/% muri musanze

Musanze ni akarere kari mu ntara y’amajyaruguru,ku birenge by’ibirunga,niko karere gakora cyane ku birunga.Gafite ibyiza

Top most stories

Ibiganiro
ZAMBIA: IBITEKEREZO MU GUKORA UBUKERARUGENDO BURAMBYE

Tariki ya 14- 24 Kanama 2018 I Livingstone mu mujyi w’ubukerarugendo wa Zambia habereye amasomo yo kwigisha abantu

Inkuru zo kwamamaza
Wekindi yo kwizihiza #Kwibohora31, ibitaramo bikomeye bizabera I Rubavu

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora ku nshuro ya 31, mu mujyi wa Rubavu hateguwe ibirori

Inkuru zo kwamamaza
Wekendi y’umuganura, ibintu bizaba mu Rwanda

Umuganura uba kuwa Gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Munani buri mwaka, ni ibirori bifite ibisobanuro mu muco n’amateka

Amateka y'Ahantu
Weekend y’umuganura, ahantu 5 wasura hafite amateka y’umuganura

Umuganura ni umwe mu mihango y’abanyarwanda kuva kera, ni umuhango wayoborwaga n’umwami. Ubu abanyarwanda  bizihiza umuganura bafata umwanya

Insingamigani Inyurabwenge
Rubanda ni abahanya

Rubanda ni abahanya ni umugani baca iyo bashaka gutsindira umuntu ubugome badasobanuye uwo ari we; ni bwo bagira ngo:

Ibirori Inkuri z'ibirori Uncategorized
2021, Kwita Izina  abana b’ingagi ku nshuro ya 17

Kuva mu mwaka wa 2005, mu Rwanda haba igikorwo cyo kwita amazina abana b’ingagi baba baravutse mu miryango

Amateka Amateka y'Abantu
Menya bimwe mubintu 26 byaranze perezida wa mbere wa kenya “JOMO KENYATTA”

Jomo Kenyatta ni Umugabo wavukiye muri Kenya yarwanyije ubutegetsi bwaba koloni babongereza bari barigaruriye ubutaka bwa Kenya, yaharaniye

Abahanzi Inyurabwenge
Impamvu 5 zo gukorera muri Rwanda Arts initiative

Ni byiza kubona ahantu abahanzi batandukanye; abanditsi, abahanzi,  ababyinnyi, abakina ikinamico na filimi, abanyabugeni, abanyarwenya, abanyamideli, abashushanya ….kubona

  • Home  
  • Ibintu 10 byo gukora mu gihe cy’iminsi mikuru #FestiveSeason
- Inkuru zo kwamamaza

Ibintu 10 byo gukora mu gihe cy’iminsi mikuru #FestiveSeason

Ni byiza gufata umwaka wo  gutekereza ku bintu byo gukora muri iki gihe cy’iminsi mikuru, igihe cyigizwe no gusoza mwaka no gutangira. Dore ibintu 10 wakora muri iki gihe: 1.Kureba uko umwaka uragiye wagenze Iki ni igihe cyiza cyo gutekereza uko umwaka urangiye wagenze, kwikorera isuzuma mu buzima ni ikintu cyiza cyo kuzirikana mu mpera […]

Ni byiza gufata umwaka wo  gutekereza ku bintu byo gukora muri iki gihe cy’iminsi mikuru, igihe cyigizwe no gusoza mwaka no gutangira.

Dore ibintu 10 wakora muri iki gihe:

1.Kureba uko umwaka uragiye wagenze

Iki ni igihe cyiza cyo gutekereza uko umwaka urangiye wagenze, kwikorera isuzuma mu buzima ni ikintu cyiza cyo kuzirikana mu mpera z’umwaka. Uko amazomo yagenze, akazi kagenze, umubano wawe n’abandi uko wagenze, Gutekereza ku mwaka mushya, ku ngamba n’ibyifuzo ugiye gutangirana umwaka, ibintu ukwiriye guhindura cyangwa gukomeza gukora,..

2.Gutanga impano

Igihe cy’iminsi mikuru ni igihe cyo gutanga impano, haba mu bavandimwe, hagati y’inshuti ndetse no ku kazi. Bituma abantu bakomeza ubunshuti, kwerekana ko muzirikanana.

3.Gusohoka

Igihe cy’iminsi mikuru ni igihe cyo kwishima ubwawe, hagati y’inshuti n’abavandimwe mu birori n’ibitaramo bitandukanye. Gufata akanya ko gusura abantu mwaburanye, guhura n’umuntu mudaherukanaga, bikomeza umubano. Mu birori bitandukanye ni ukwirinda gusesagura no kunywa mu rugero. #TunyweLess

Ijoro ry’ubunani I Kigali, ni ijoro abantu benshi baba bishimira kurangiza umwaka no gutangira undi! Ni byiza kwishima kuba ugihumeka, ukiri kumwe n’inshuti n’abavandimwe bawe.

4.Gusenga no Kwitekerezaho

Umwanya mwiza wo gusenga, gushimira Imana kubera umwaka urangiye, kujya gusenga kuri Noheli no mu ijoro ry’Ubunani. Igihe cyo kuragiza Imana gahunda z’umwaka mushya, muri gahunda uteganya gukora, ibyifuzo ufite,…

Gufata umwaka wo; kwitekerezaho (meditation),  kwikorera isuzuma ry’ubuzima bwawe, uko ubanye n’abandi, uko ubayeho aho uri, uko ufata ibyemezo, uko urimo gukora mu ngamba wihaye…bifasha kubaka ubushobozi muri wowe.

5.Gusoma igitabo

Igihe cy’iminsi mikuru ni umwanya mwiza wo gusoma ibitabo, Umwanya wo gusoma igitabo wifuje gusoma, ukaba wari warabuze umwanya, nta kazi kenshi abantu baba bafite.

Abanyeshuri baba bari mu biruhuko, ni byiza ko babona ibitabo basomera mu rugo cyangwa bakajya mu masomero. Ababyeyi bagafata umwanya wo gusomera abana ibitabo.

6.Gukora Siporo

Siporo ni nziza mu buzima, niyo mpamvu ukwiriye kwibuka kuyikora muri iki gihe cy’iminsi mikuru kugirango ukomeze ugire ubuzima bwiza. Igihe cy’iminsi mikuru abantu bararya bakananywa, bituma imibiri y’abantu ihindagurika, kuryama nabi,..

Ushobora gukorera siporo mu rugo, kugenda n’amaguru, kujya mu nzu zabugenewe, kuzamuka imisozi, koga, Yoga n’ibindi.

7.Kunywa Amazi

Amazi ni Ubuzima! Kunywa amazi menshi ni ingenzi muri iki gihe cy’iminsi mikuru kubera ibintu byinshi bitandukanye abantu baba barimo kurya no kunywa. Ni byiza kwibuka kunywa amazi kuko afasha mu gukomeza kugira ubuzima bwiza.

8.Gutembera

Igihe cy’iminsi mikuru ni umwanya mwiza wo gutembera, kujyana abana kwishimisha, kujya kureba ibyiza nyaburanga, gusura ingoro ndangamurage, inzu z’ubugeni, Pariki,  kujya ahantu ukunda gusangira n’inshuti n’abavandimwe.

9.Gukomeza gukora

Mu gihe cy’iminsi mikuru ubuzima burakomeza, ni ngombwa gukomeza kugira umuhate mubyo ukora, umunyeshuri agakomeza kwiga, gusubiramo amasomo ye, ucuruza agacuruza cyane, umuhinzi agahinga aho agifite, uworora agakomeza kwita ku matungo ye,..

10.Kuruhuka

Igihe cy’iminsi mikuru ni igihe cyo kuruhuka, kuryama, kureba filimi, kumva ibiganiro by’ubwenge (motivations), kumva imiziki ukunda, kuganira n’inshuti n’abavandimwe. Ni byiza rwose kwirinda umunaniro muri iki gihe cy’iminsi mikuru, kwirinda hangover nyinshi.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Igicumbi @2024. All Rights Reserved.