Ubukerarugendo bugezweho ni ibikorwa bishyigikira ubukerarugendo burambye, ubukerarugendo bushyigikira ibikorwa byaho wasuye, ubukerarugendo butera impinduka. Gushyigikira ubukerarugendo buramye I Rwiri ni ikintu kizahateza imbere, kikazana impinduka muri ako gace, abaturage bakabona inyungu zo kuba bafite ahantu ndangamateka na ndangamuco. Aho iherereye Ahantu ndangamateka haramviriwe ingoma Karinga, ni mu umudugudu wa Nturo, akagari ka Rwiri, umurenge […]
I Huro ni ahantu haberaga umuhango wo guhuza imyaka yoherezwaga I Bwami mu gukoreshwa mu muhango w’umuganura. Hagaragara Ivubiro ryahashizwe n’umuvubyi witwaga Minyaruko ya Nyamikenke, wari umwami w’u Busigi mu kinyejana cya 16, abisabwe n’umwami Ruganzu II Ndori. Iri vubiro riherereye mu Akagari ka Huro, umurenge wa Muhondo, akarere ka Gakenke mu ntara y’amajyaruguru. Impamvu […]
Buri mwaka, uwa Gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Kanama, mu gihugu hose aba ari umunsi w’Umuganura. Uyu mwaka ku rwego rw’igihugu wabereye kuri Sitade Ubworoherane mu murenge wa Muhoza mu Akarere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka yari: Umuganura, Isoko y’Ubumwe n’ishingiro ryo Kwigira. Umushyitsi mukuru yari Minisitiri, Dominique Habimana, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, […]