• Home  
  • Igihe gikuru cy’inshinga cy’Indagihe
- Ururimi rw'ikinyarwanda

Igihe gikuru cy’inshinga cy’Indagihe

Ikivuga ibiriho, iby’ubu, n’ibyo dukora nk’akamenyero. Indagihe ivuga ibiba muri ako kanya, ibiba ubusanzwe, ibyabaye kera bivugwa mu nkuru, ibikorwa bigikomeza, bityo ikigabanyamo; indagihe y’aka kanya, indagihe y’ubusanzwe  n’iy’imbarankuru, n’iy’igikomeza 1.Indagihe y’ubu Ubungubu, mu kanya kaza, mu kanya gashize, indagihe y’ubu yumvikanisha ikirimo gukorwa ubu, aho uvugiye. Urugero: Ndasoma igitabo 2.Indagihe y’ubusanzwe Yumvikanisha igikorwa gisanzwe  […]

Ikivuga ibiriho, iby’ubu, n’ibyo dukora nk’akamenyero. Indagihe ivuga ibiba muri ako kanya, ibiba ubusanzwe, ibyabaye kera bivugwa mu nkuru, ibikorwa bigikomeza, bityo ikigabanyamo; indagihe y’aka kanya, indagihe y’ubusanzwe  n’iy’imbarankuru, n’iy’igikomeza

1.Indagihe y’ubu

Ubungubu, mu kanya kaza, mu kanya gashize, indagihe y’ubu yumvikanisha ikirimo gukorwa ubu, aho uvugiye.

Urugero: Ndasoma igitabo

2.Indagihe y’ubusanzwe

Yumvikanisha igikorwa gisanzwe  gikorwa.Nta wamenya intangiriro n’iherezo ryacyo.

Ingero: Nsoma igitabo

        Iyo mbonye akanya ndasoma

       Ndasoma buri munsi

3.Indagihe y’imbarankuru

Umuntu ayikoresha avuga ibyabaye kera nk’aho ari iby’ubu. Isa nk’indangihe y’ubusanzwe, bigatandukanira ku nshoza

Ingero: Yagiye mu nzu nuko arambura igitabo arasoma

        Nuko icyo gihe turasoma abantu baratangara

4.Indangihe y’igikomeza

Yumvikanisha igikorwa kikirimo gukorwa ubungubu, nta wamenya igihe cyatangiriye, nta n’uwamenya igihe kiri burangirire.

Ingero: Ndacyasoma igitabo

Turacyategura ibikorwa tuzakora mu muganda.

Hari n’indagihe y’igikomeza ikoreshwa kenshi mu nteruro zisa n’izibaza, ariko zinartangara.

Ingero: Ubu se ndacyasomye cya gitabo ko ndeba bwije?

Aho aracyakoze wa murimo?

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Igicumbi @2024. All Rights Reserved.