Ibiganiro Ubukerarugendo

Ibisubizo 15 bya Habiyambere Egide

Habiyambere Egide ni umusore w’umunyarwanda wize Computer & Electronics, wihangiye imirimo y’ubutekinisiye mubyo yize.  Egide atuye mu murenge

Featured Post

top category

Urugendo

32 Articles
+

Uncategorized

16 Articles
+

Umuco

4 Articles
+

Must Read

Winter Dressing Tips When It’s Really Cold Out

admin

admin / 380 Articles

administrator

+

Bussiness

Technology

Amafunguro ya Kigande I Kibeho

Abantu batembera, basura I kibeho mu karere ka Nyaruguru babasha kubona ahantu bafatira amafunguro ya

IBYIZA 10 BYO KUNYWA THÉ VERT

Thé Vert (Green Tea) ni icyayi cyizwi cyane I Nyamirambo, abantu bayikunda, bamenke ibyiza byayo baza

Afurika y’Uburasirazuba: Amafunguro yihariye yo kurya muri

Ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (East Africa Community) ni ibihugu bifite amafunguro yihariye, amafunguro

Ifunguro rya kinyarwanda 100/% muri musanze

Musanze ni akarere kari mu ntara y’amajyaruguru,ku birenge by’ibirunga,niko karere gakora cyane ku birunga.Gafite ibyiza

Top most stories

Ibiganiro
ZAMBIA: IBITEKEREZO MU GUKORA UBUKERARUGENDO BURAMBYE

Tariki ya 14- 24 Kanama 2018 I Livingstone mu mujyi w’ubukerarugendo wa Zambia habereye amasomo yo kwigisha abantu

Inkuru zo kwamamaza
Wekindi yo kwizihiza #Kwibohora31, ibitaramo bikomeye bizabera I Rubavu

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora ku nshuro ya 31, mu mujyi wa Rubavu hateguwe ibirori

Inkuru zo kwamamaza
Wekendi y’umuganura, ibintu bizaba mu Rwanda

Umuganura uba kuwa Gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Munani buri mwaka, ni ibirori bifite ibisobanuro mu muco n’amateka

Amateka y'Ahantu
Weekend y’umuganura, ahantu 5 wasura hafite amateka y’umuganura

Umuganura ni umwe mu mihango y’abanyarwanda kuva kera, ni umuhango wayoborwaga n’umwami. Ubu abanyarwanda  bizihiza umuganura bafata umwanya

Insingamigani Inyurabwenge
Rubanda ni abahanya

Rubanda ni abahanya ni umugani baca iyo bashaka gutsindira umuntu ubugome badasobanuye uwo ari we; ni bwo bagira ngo:

Ibirori Inkuri z'ibirori Uncategorized
2021, Kwita Izina  abana b’ingagi ku nshuro ya 17

Kuva mu mwaka wa 2005, mu Rwanda haba igikorwo cyo kwita amazina abana b’ingagi baba baravutse mu miryango

Amateka Amateka y'Abantu
Menya bimwe mubintu 26 byaranze perezida wa mbere wa kenya “JOMO KENYATTA”

Jomo Kenyatta ni Umugabo wavukiye muri Kenya yarwanyije ubutegetsi bwaba koloni babongereza bari barigaruriye ubutaka bwa Kenya, yaharaniye

Abahanzi Inyurabwenge
Impamvu 5 zo gukorera muri Rwanda Arts initiative

Ni byiza kubona ahantu abahanzi batandukanye; abanditsi, abahanzi,  ababyinnyi, abakina ikinamico na filimi, abanyabugeni, abanyarwenya, abanyamideli, abashushanya ….kubona

  • Home  
  • Umwuga wa kera w’umubyeyi belancila
- Imigenzo & Imigenzo - Umuco

Umwuga wa kera w’umubyeyi belancila

Igihe isi yizihizaga umunsi mpuzamahanga w’ababyaza (abafasha b’ababyeyi),nasuye umubyeyi wafashaga abandi babyeyi mugihe cya kera. Belancila ni umubyeyi usheshe akanguhe utuye mu murenge wa Nyamirambo, mu Kagali ka Rugarama , yavutse 1940, avukira mu Murera wo mu Ruhengeri yari umubyaza mu myaka yakera , umuvuzi gakondo w’indwara zitandukanye (imitezi, mburugu n’amarozi..) Umwuga w’ububyaza yawurazwe na […]

Igihe isi yizihizaga umunsi mpuzamahanga w’ababyaza (abafasha b’ababyeyi),nasuye umubyeyi wafashaga abandi babyeyi mugihe cya kera.

Belancila ni umubyeyi usheshe akanguhe utuye mu murenge wa Nyamirambo, mu Kagali ka Rugarama , yavutse 1940, avukira mu Murera wo mu Ruhengeri yari umubyaza mu myaka yakera , umuvuzi gakondo w’indwara zitandukanye (imitezi, mburugu n’amarozi..)

Umwuga w’ububyaza yawurazwe na Nyirakuru na Nyina we, Baramubwiye bati”Ntuzige umwuga wo kuroga, ahubwo rogora, ukiranure inda igiye kwica umubyeyi, n’ubona inda igiye itandamye,uyitandamure (uyiyobore ) n’ubona inda igiye kujya mu gatuza no mu mabere uyimpanure,nubona igiye kwinjira muri nyababyeyi,uyi yobore neza,Nubona azanye amaguru cyangwa ukuboko (inkoni) umufashe, uwazanye amaguru yabaga yaje nabi,ahagaze mu nda,yarwanaga nawe,nazana inkoni uyisubize kuyindi nkoni zizire rimwe”.

Yatangiye uwo mwuga ari umukobwa aho mama we yabikoraga amureba akamufasha,ntibya muteye ubwoba kuko yumvaga ari ugutabara umuntu,yagiraga imbaraga zo kumufasha.

Yabanzaga akareba uko inda imeze,agapima akoresheje intoki ebyiri,agasanga iri muri kane ,gatanu se akumva aho umwana ageze icyo gihe cyose yarategerezaga kugeza yumvishe umwana ari hafi kuza.Iyo umwana yatindaga kuza hashoboraga kuba harimo ikibazo cyaba ari icy’uburozi akamuha umukuzanyana cyangwa ikirogora akavaga n’utuzi twaraye munzu,umubyeyi akatunywa utundi akatwiyuhagira kunda,ako kanya inda ikavuka.Yakoreshaga n’urugarura rwagaruraga rugarura inda n’amashereka,yabaga yararusabitse mu rwabya(akeso).Iyo byabaga bikomeye umwana atabasha gusohoka byaragoraga umubyeyi n’umwana bagiranga ibibazo hari n’ igihe bahasigaga ubuzima,ariko ubu bajya kwa muganga bakababanga.

Iyo umwana yamaraga kuvuka akamugena akoresheje urutoki,akamuvanamo ivata,akamuhuha mu matwi.Iyo yangaga kurira yamufataga utuguru amucuritse agakubita udushyi k’utubuno ngo akunde arire. Yifashishaga akabingo ko gukeba urureri,akagozi k’impu (ubu bakoresha urudodo) yanakoreshaga wenda n’umunyu wigezi kugirango iyanyuma ize iyo yabaga yanze kuza.

Imbogamizi yahuraga nazo ni izo kubyariza ahantu hatabona,aho ngo bifashishaga igishirira,urubingo cyangwa agatadowa,kwa mbuka imisozi,nk’umubyeyi ugiye kunda n’ijoro byaragoraga cyane,kubera hanze habaga hari ibisimba(cyane cyane Impyisi) zaryaga abantu.

Yansobanuriyeko umwana ugira umukondo munini ariwo bita impiru cyangwa iromba, ko ariko imana yabaga yaramuremye.Mu mwuga we,Abantu bamuhembaga(ibyeru) inshimwe ry’ inzoga,ibishyimbo,amasaka ndetse n’aho amafaranga aziye bamuhanga igihumbi y’icyo gihe yabaga ari menshi.

Namubajije uko we byagendaga iyo yabaga agiye kubyara,abwirako yifashaga,yabashije kwibyaza ibyaro icumi zose wenyine,abantu bakaza baje kureba uruhinja.Gusa yandwaye mugiga iramunanira kuyivuza ajya kwa muganga.

yarifashaga,yabwiyeko umwuga we wemewe ko nubu ajya atabara ababyeyi gusa akamuherekeza kwa muganga iyo arangije kumubyaza.Ni ubureganzira bahawe nk’abaganga gakondo bafasha abantu mu ngo.

Akagira intego yo kubyaza neza,gufasha abahuye ni kibazo cy’amarozi,kubazingura gufasha abana bahuye n’ibibazo nk’igihuba (kimena umutwe),uruhima(runyunyuza umwana amaze kuvuka)

Ikimushimisha ni iyo abonye ababyeyi bafite abana,abuzukuru n’abuzukuruza ya byaje,bamushimira,bakazirikana ko yabafashije.Agashimishwa niyo bamusaba imiti y’indwara zitadukanye za Kinyarwanda.Ubwo twaganiraga nahahuriye n’umuntu wari uje gusaba umuti Umunyanyoni, uvura icyo mu mutwe (igihorihori ku bana) mufasha gusoroma ndetse anyereka n’undi witwa Umwicanzoka,uvura inzoka.

Ikibazo asigaye agira ni icyo kubona imiti kuko aho yayivanaga asanga barayirimbuye nko munsi yo kwa kanyamahanga,I Gahanga ndetse na Nyarubande aho hose niho yabashaga kuvana imiti yakoreshaga.

Nkuko ari umwuga avana ku babyeyi be,nawe afite umuhungu we wagerageje kubimenya,ni umujyanama w’ubuzima mu mudugudu ajya ajyena abana!

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Igicumbi @2024. All Rights Reserved.