Ibiganiro Ubukerarugendo

Ibisubizo 15 bya Habiyambere Egide

Habiyambere Egide ni umusore w’umunyarwanda wize Computer & Electronics, wihangiye imirimo y’ubutekinisiye mubyo yize.  Egide atuye mu murenge

Featured Post

Inkuru zo Gusoma

igicumbi Magazine

Abanditsi

#Gusoma2026, ibitabo 12 abantu bakwiriye gusoma

Ni ibitabo wasoma nibura buri kwezi ugasoma igitabo. Ugendeye kuri buri kwezi wabasha gusoma ibitabo 12

Inkuru z'Ibirori

Abanyafurika bahembwe na Tusk  muri uyu mwaka

Ikigo cya TUSK Conservation Awards  gitanga ibihembo kubantu bakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu kurengera ibidukikije, mu

UNESCO 2025, imijyi yashyizwe ku rutonde rwa

Uyu mwaka wa 2025, UNESCO yahisemo imijyi 72 mishya mu mijyi yo ku isi, mu

Unesco yabonye umuyobozi mushya 2025.

Ni mu nama ya 43 ya UNESCO yabaye tariki ya 30 Ukwakira-13 Ugushyingo 2025, mu

Kwita izina 2025, abise izina abana b’ingagi

Umuhango wo Kwita Izina watangiye mu mwaka wa 2005, ni umuhango ubera mu Kinigi mu

Amafunguro

Ibiganiro
ZAMBIA: IBITEKEREZO MU GUKORA UBUKERARUGENDO BURAMBYE

Tariki ya 14- 24 Kanama 2018 I Livingstone mu mujyi w’ubukerarugendo wa Zambia habereye amasomo yo kwigisha abantu

Inkuru zo kwamamaza
Wekindi yo kwizihiza #Kwibohora31, ibitaramo bikomeye bizabera I Rubavu

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora ku nshuro ya 31, mu mujyi wa Rubavu hateguwe ibirori

Inkuru zo kwamamaza
Wekendi y’umuganura, ibintu bizaba mu Rwanda

Umuganura uba kuwa Gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Munani buri mwaka, ni ibirori bifite ibisobanuro mu muco n’amateka

Amateka y'Ahantu
Weekend y’umuganura, ahantu 5 wasura hafite amateka y’umuganura

Umuganura ni umwe mu mihango y’abanyarwanda kuva kera, ni umuhango wayoborwaga n’umwami. Ubu abanyarwanda  bizihiza umuganura bafata umwanya

Insingamigani Inyurabwenge
Rubanda ni abahanya

Rubanda ni abahanya ni umugani baca iyo bashaka gutsindira umuntu ubugome badasobanuye uwo ari we; ni bwo bagira ngo:

Ibirori Inkuri z'ibirori Uncategorized
2021, Kwita Izina  abana b’ingagi ku nshuro ya 17

Kuva mu mwaka wa 2005, mu Rwanda haba igikorwo cyo kwita amazina abana b’ingagi baba baravutse mu miryango

Amateka Amateka y'Abantu
Menya bimwe mubintu 26 byaranze perezida wa mbere wa kenya “JOMO KENYATTA”

Jomo Kenyatta ni Umugabo wavukiye muri Kenya yarwanyije ubutegetsi bwaba koloni babongereza bari barigaruriye ubutaka bwa Kenya, yaharaniye

Abahanzi Inyurabwenge
Impamvu 5 zo gukorera muri Rwanda Arts initiative

Ni byiza kubona ahantu abahanzi batandukanye; abanditsi, abahanzi,  ababyinnyi, abakina ikinamico na filimi, abanyabugeni, abanyarwenya, abanyamideli, abashushanya ….kubona

  • Home  
  • Gusura ubutaka butagatifu bwa Kibeho
- Urugendo

Gusura ubutaka butagatifu bwa Kibeho

Ubutaka butagatifu bwa Kibeho buherereye mu karere ka Nyaruguru mu ntara y’Amajyepfo. Ni ahantu habaye amabonekerwa ya Bikira Mariya mu myaka ya 1981-1983. Hari ibintu bitandukanye wasura byerekeye  amabonekerwa yahabereye. Ni ubutaka buriho ikigo cy’Amashuri Yisumbuye cya Kibeho kigagaho abakobwa batatu b’abanyarwandakazi (Alphonsine Mumureke (17), Nathalie Mukamazimpaka (20) na Marie Claire Mukangango (21) babonekewe n’umubyeyi […]

Ubutaka butagatifu bwa Kibeho buherereye mu karere ka Nyaruguru mu ntara y’Amajyepfo. Ni ahantu habaye amabonekerwa ya Bikira Mariya mu myaka ya 1981-1983. Hari ibintu bitandukanye wasura byerekeye  amabonekerwa yahabereye.

Ni ubutaka buriho ikigo cy’Amashuri Yisumbuye cya Kibeho kigagaho abakobwa batatu b’abanyarwandakazi (Alphonsine Mumureke (17), Nathalie Mukamazimpaka (20) na Marie Claire Mukangango (21) babonekewe n’umubyeyi Bikira Mariya.

Impamvu ukwiriye kujyayo

Hari impamvu ukwiriye kujya gusura Kibeho, ni ahantu hafite amateka mu Rwanda no muri Afurika. Ahantu hasurwa n’abantu bo mu madini atandukanye, bavuye hirya no hino ku isi, habereye amabonekerwa, habera ibitangaza. Niho hemejwe na Kiliziya Gaturika ko habaye amabonekerwa muri Afurika.

Uko wahagera

Kigali-Muhanga-Huye-Kibeho

Akanyaru-Kibeho

Muhanga-Huye-Kibeho

Kibeho iri kuri 135 Km uvuye mu mujyi wa Kigali (3h40min) na 30 Km uvuye I Huye (42 min).

Wagenda n’imodoka, moto, igare ndetse n’amaguru.

Ibyo wasura

1.Ku Imbuga y’Amabonekerwa

2.Muri Shapeli y’Amabonekerwa

3.Mu Ingoro ya Bikira Mariya

4.Ku Isoko ya Bikira Mariya

5.Muri Shapeli y’Ishengerera

6.Radio Mariya Rwanda

7. Itorero rya Nyina wa Jambo

Ibintu wakwitwaza

Bitewe ntuko wateguye urugendo rwawe, igihe uzarukorera, igihe uzamarayo, ni wowe ukwiriye kwibuka ibintu wa kwitwaza.

Wakwitwaza umutaka, intebe, ishapure, agatabo k’amasengesho.

Ikaramu n’urupapuro,

Ikintu cyo gutwaramo amazi.

Camera

Telefone.

Amafaranga yo kugura ibyo kurya no kunywa (cyangwa ukabitwara) no gucumbika.

Imyenda yo kwifubika (mu gihe cy’imvura cyangwa uzararayo).

Ibyangombwa (Indangamuntu, Mutuelle).

Igihe wagirayo

Igihe cyose ushaka wasura Kibeho.

Abakristu benshi bahakorera ingendo nyobokamana bitewe na gahunda bafite.

Abandi benshi bajyayo ku matariki ya 15 Kanama (Asomusiyo) na 28 Ugushyingo (Itariki y’amabonekerwa ya  mbere).

Aho warira

I kibeho hari ahantu wafatira amafunguro; Coffe Shop, Bar, Restaurant na Hoteli. Bitewe n’ubushobozi bwawe wabona aho wafatira amafunguro .

Mu gihe haje abantu benshi, haba hashyizweho ahantu hatandukanye ho kwakira abantu.

Aho wacumbika

I kibeho wabona ahantu ho gucumbika heza kandi ku bushobozi bwa buri wese. Hari amacumbi ya bikorera ndetse n’abihayimana.

Ibindi  bihegereye wasura

1.Ibigabiro bya Rwabugili I Ngeli (Hari ibisigara matongo)

2.Umusozi wa Gihango (Abami babiri bahahaniye igihango)

3.Inganda z’icyayi ( Mata Tea Factory)

4.Umudugudu w’icyitegerezo wa Munini

5. Imirima y’icyayi

6.Isoko y’umugezi wa Nili

7. Urwibutso rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi rwa Nyaruguru

8.Imigezi (Akanyaru, Kavuguta)

9.Kibeho Modern Market

10.Ikibuye cya Shyoli. (Hagati ya Nyaruguru na Huye)

11.Gusura Kwa Yezu Nyirimpuhwe I Nyarushishi.

12. Ishyamba rya Nyungwe

13.Kibeho Pilgrim Center

Urwibutso rwo gutahana

Ni byiza kwibuka gutahana ibintu bizakwibutsa urugendo wakoreye I Kibeho; ibintu bifasha mu kwemera, ibintu byera I Kibeho, gufata amafoto n’ibindi. Ntuzibagirwe Amazi y’umugisha yo ku isoko ya Bikira Mariya.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Igicumbi @2024. All Rights Reserved.